skol
fortebet

Ange Kagame yatatse umugabo we bashyingiranywe akoresheje amagambo yo muri Bibiliya

Yanditswe: Monday 08, Jul 2019

Sponsored Ad

skol

Umukobwa umwe rukumbi wa Nyakubahwa perezida Kagame,Ange Kagame, warushinze kuwa Gatandatu taliki ya 06 Nyakanga 2019, yifashishije amagambo yo mu gitabo cy’indirimbo ya Salomo ibice 3;4 yerekana ukuntu anejejwe n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma.

Sponsored Ad

Mu magambo yacishije ku rubuga rwe rwa Twitter,Ange Kagame yagize ati “Nabonye uwo ubugingo bwanjye bukunda.Indirimbo ya Salomo 3:4.”

Ange Kagame w’imyaka 25, yashyingiranywe na Ndengeyingoma kuwa Gatandatu,mu bukwe bwabereye kuri Convention Center.

Uyu mukobwa umwe rukumbi wa Nyakubahwa perezida Kagame,yari yambaye ikanzu ndende cyane nkuko amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yabigaragaje.

Ange Kagame yagaragaye afatanye akaboko n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma,ubwo binjiraga muri Convention Center ahabereye umuhango wo gusezerana.

Kuwa 28 Ukuboza 2018 nibwo Ange Kagame yasabwe aranakobwa na Bertrand Ndengeyingoma, mu muhango wabereye mu rugo rwa Perezida Kagame mu karere ka Rwamagana, Umurenge wa Muhazi Akagari ka Ntebe mu mudugudu w’Urugwiro.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa