skol
fortebet

Papa Francis ngo Imana yamutegetse guhindura amategeko 10 yayo akongeramo irijyanye n’ ubutinganyi

Yanditswe: Monday 14, Aug 2017

Sponsored Ad

skol

Ni ikintu gitangaje kuri buri wese wakumva ko amategeko 10 Imana yahaye Mose wo muri Bibiliya, yapfa guhindurwa cyangwa se kuvongerwa na buri wese. Gusa, mu minsi mike ishize Umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika Papa Francis ubwo yari muri Amerika y’Epfo, yavuze ko Imana yamutegetse guhindura amwe mu mategeko 10 yayo yahaye abayisiraheli ubwo bari ku musozi wa Sinayi.
Aya mategeko ni ay’uko ikiremwamuntu gikwiriye kwitondera kugira ngo kitazagibwaho n’urubanza urwo ari rwo rwose. Papa (...)

Sponsored Ad

Ni ikintu gitangaje kuri buri wese wakumva ko amategeko 10 Imana yahaye Mose wo muri Bibiliya, yapfa guhindurwa cyangwa se kuvongerwa na buri wese. Gusa, mu minsi mike ishize Umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika Papa Francis ubwo yari muri Amerika y’Epfo, yavuze ko Imana yamutegetse guhindura amwe mu mategeko 10 yayo yahaye abayisiraheli ubwo bari ku musozi wa Sinayi.

Aya mategeko ni ay’uko ikiremwamuntu gikwiriye kwitondera kugira ngo kitazagibwaho n’urubanza urwo ari rwo rwose. Papa Francis ubwo yagezaga ijambo ku baturage bo mu mujyi wa Guayaquil yavuze ko guhindura itegeko rya kane ngo abihera ku kuba ikiremwamuntu kitubahirizwa hirya no hino ku isi kandi ijambo ry’Imana risaba ko buri muntu yakubaha mugenzi we. Ubusanzwe iri tegeko ngo rihatira abana kumvira ababyeyi babo ariko ngo riziyongeraho ingingo itegeka mwene muntu kubahiriza uburenganzira bwa mugenzi we.

Papa Francis kandi avuga ko Imana yamusabye ko itegeko rya karindwi ribuza abantu badahuje ibitsina gusambana ryazavugurura rikongerwamo ukubuza abaryamana bahuje ibitsina kuko ngo iki ari icyaha kimaze kugera ku rwego ruri hejuru kandi Imana icyanga urunuka. Gusa yavuze ko itegeko rikumira abatinganyi rishobora kuzaba itegeko ryihariye muri aya mategeko maze aho gukomeza kuba 10 akagirwa 11.

Umuvugizi wa Leta ya Vatican Bwana Father Federico Lombard yatangaje ko aya mategeko arimo gushushanywa n’umuhanga w’Umutariyani ku buryo mu minsi ya vuba bazaba bashyize hanze urutonde rushya ruvuguruye rw’amategeko y’Imana uko ari 11. Yasoje avuga ko aya mategeko bazayamurikira isi yose ku mugaragaro hifashishijwe ikoranabuhanga ryihutisha amashusho.

Ibitekerezo

  • ARI KUBESHYA ABANTU. ARIMO ARAKORA UMURIMO WA SE SATANI. IJAMBO RY’IMANA RIRAVUGA NGO NTITUKONGERE HO CYANGWA NGO TUGABANYE KU IJAMBO RYAYO. IMANA YE NI SE KIBI.

    Jewe numva ari ibintu bisanzwe. Nkuko Imana yahaye Moïse amabwirizwa yayo, ishobora no kuyaha uwundi yitoreye

    Ngo bazayamurikira isi yose Ku mugaragaro! Ahubwo baragaragaye!

    Nonese itegeko rya 4 ubusanzwe rihatira abana kumvira ababyeyi babo?

    Muri kudusetsa, ubwo se ni nde ushaka kongererwa ku mujinya w’Imana? Yitonde.

    Nta gishya kyiri musi y’izuba,ubu turi muri anti-christ world kandi akorana n’indongozi z’amadini.Ubu rero n’aha buri wese ho gufata icyemezo amurikiwe na Mwuka Wera.

    Imana Idufashe Kubera Twegereje Ibihe Bibi Dusenge Ubudasiba

    nukuri isi irarangiye peee!!! uyu mugabo yuzuye imyuka mibi nimutaba maso murarimbutse...............

    ahubwo ndabona isi igeze kumusozo aho ijambo ryimana ribivuga neza ngo muminsi yimperuka ubwenge buzaba bwinshi none bisohoreye kuri papa Francis

    Mbega Ngo Imana Irabeshyerwa Ubuse Koko Muri Gatolika Hari Uwo Imana Umuremyi yatuma yewe ngo bafite amaso ark tibabona

    Itegeko rya kane rivuga ko tugomba kweza umunsi w’isabato kandi amategeko y’Imana ni 10 ntabwo ari 11.

    Ubuse ikibi kiri muri ayo mategeko nikihe? ahubwo byaratinze mwabatinganyi mwe,babace ku isi. Ubuse ko Imana yahaye mussa ayo mategeko ubugira kabiri? Ayambere ntiyayamennye bikaviramo abayisiraheri benshi kumirwa n’ubutaka? Anmashyi kuri Papa Francis

    Byanditswe ngo azigira inama yo guhindurara ibihe n’Amategeko ariko azabona ishyano ukuraho n’akadomo cy akakongeraho

    Byanditswe ngo azigira inama yo guhindurara ibihe n’Amategeko ariko azabona ishyano ukuraho n’akadomo cy akakongeraho

    Itegeko rya kene ridutegeka kweza umunsi w’isabato naho iribuzanya ubusambanyi ni irya 6

    Ntagisha, abarebera mu byanditswe byera barabona uburiganya bwa Satan.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa