Ingengo y’imari ya 2024/2025 U Rwanda ruzakoresha izagera kuri miliyari 5690.1 Frw
Yanditswe: Monday 06, May 2024
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yatangaje ko ingengo y’imari iteganyijwe kuzakoreshwa mu mwaka wa 2024/2025 ari miliyari 5690.1 Frw, akaba yariyongereyeho miliyari 574.5 Frw bingana na 11.2% ugereranyije na miliyari 5115.6 Frw yakoreshejwe mu mwaka wa 2023/2024.
Yabitangaje kuri uyu wa 6 Gicurasi 2024 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’igihe giciriritse mu mwaka wa 2024/2025.
Minisitiri Dr Ndagijimana yagaragaje ko amafaranga azava imbere mu gihugu angana na miliyari 3414.4 Frw bingana na 60% by’ingengo y’imari yose.
Ati “Ikaba ari intambwe ishimishije mu kwihaza mu ngengo y’imari.”
Amafaranga y’inkunga z’amahanga biteganyijwe ko azaba agera kuri miliyari 725.3 Frw bingana na 12.7% mu gihe inguzanyo z’amahanga biteganyijwe ko zizagera kuri 1318.1 Frw bingana na 23.2% by’ingengo y’imari yose.
Muri rusange amafaranga ava imbere mu gihugu kongeraho inguzanyo z’amahanga igihugu kizishyura afite uruhare rugera kuri 83.2% mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2024/2025.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *