skol
fortebet

Donald Trump yafatiwe ibihano nyuma yo kubeshya ku makuru y’ubwoko bw’abantu badafite ubudahangarwa bwinshi bwo kutandura Coronavirus

Yanditswe: Friday 07, Aug 2020

featured-image

Sponsored Ad

skol

Urubuga rwa Facebook na Twitter zafatiye ibihano Perezida Donald Trump kubera gutangaza amakuru y’ikinyoma kuri Coronavirus, aho yavuze ko abana bafite ubudahangarwa bwinshi kuri iki cyorezo

Sponsored Ad

Facebook yasibye amashusho Trump yari yashyize kuri paji ye yari irimo ikiganiro yagiranye na Fox News mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.

Twitter nayo yahise ifatira konti y’itsinda ryamamaza Trump kugeza ubwo rikuyeho amashusho ryashyizeho ameze nk’ayari yashyizwe kuri Facebook, kuko anyuranye n’ibyatangajwe n’inzego z’ubuzima. Ayo mashusho yavugaga ko abana bafite ubudahangarwa bwihariye kuri Coronavirus.

Umuvugizi wa Facebook, Andy Stone, yatangaje ko amashusho Trump yashyize kuri uru rubuga nkoranyambaga arimo ibinyoma by’uko hari itsinda ry’abantu rifite ubudahangarwa kuri Coronavirus, bikaba binyuranyije na politiki ya Facebook yo kurwanya amakuru y’ibinyoma kuri iki cyorezo.

Ni ubwa mbere Facebook ifata icyemezo cyo gusiba ibyo Trump yatangaje bigendanye na politiki yayo yo kwirinda ibihuha kuri Coronavirus. Gusa ariko si ubwa mbere ahanwa kubera amakuru atangaza kuri paji ye ya Facebook.

Twitter nayo yatangaje ko itsinda ryamamaza Trump ryishe amabwiriza yayo yo kwirinda ibihuha kuri Coronavirus rikaba ryari ryemerewe kugira ikindi ritangaza kuri iyo konti ari uko ryabanje gukuraho ibyo ryatangaje byatumye rihanwa.

Iri tsinda rishinzwe kwamamaza Trump ryahise rikuraho ariya mashusho bityo ryemererwa kugira ibindi ritangaza.

Mu kwezi gushize Twitter yahagaritse by’agateganyo konti y’umuhungu wa Trump kubera gusangira amashusho y’ibinyoma kuri Coronavirus n’umuti wa hydroxychloroquine.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa