skol
fortebet

RDC: Bahangayikishijwe nuko Perezida Tshisekedi yagiye hanze atarashyiraho abayobozi bamwungirije

Yanditswe: Thursday 11, Apr 2024

featured-image

Sponsored Ad

Kuva ku cyumweru tariki ya 7 Mata, Félix Tshisekedi yavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Sponsored Ad

Umuyobozi ushinzwe gutangaza amakuru ya perezida,yagize ati: “Ahubwo yagiye mu mahanga kubera ibibazo byihutirwa bifitanye isano n’igihugu”.

Kugeza ubu, hari urujijo kuri gahunda ya perezida kandi ibihuha bikomeje kuba byinshi mu gihe ku rundi ruhande mu burasirazuba bw’igihugu ihuriro Alliance River Alliance (AFC) riyobowe na Corneille Nangaa ndetse rifite igisirikare cya M23 ryegereye bikomeye Goma.

Umunyekongo uba mu murwa mukuru wa Kivu,Goma, yabwiye ikinyamakuru La Libre Afrique ati: “Inyeshyamba zafashe umujyi wa Saké ari wo nzitizi ya nyuma mbere ya Goma. Sake irimo ubusa. Umujyi rwagati uri mu kibaya bigoye kurinda. Ku wa gatatu nyuma ya saa sita,izi nyeshyamba zivuga ko zikomeje kwerekeza mu majyepfo.

Abaturage benshi ba kongo barahangayitse kuko igihugu gisa naho nta muyobozi n’umwe gifite ubu.

Amakuru aremeza ko Perezida Tshisekedi yaba arembeye mu Bitaro mu gihugu cy’Ububiligi.

Aya makuru yo kubura kwa Perezida aza yiyongeraho ko inteko ishingamategeko ya Congo iherutse gutorwa itarabona abayobozi barindwi bo kuyiyobora ndetse abo nibo basimbura Perezida adahari.

Ibi biriyongeraho ko Minisitiri w’Intebe uherutse gushyirwaho na Tshisekedi atararahira ndetse atarashyiraho guverinoma.

Ikindi kibazo nuko abasenateri batowe nabo batararahira ndetse abahari ubu batemewe kuko igihe cyabo cyarangiye.

Ibi bikiyongeraho ko guverinoma yari isanzweho imaze ukwezi n’igice yareguye.

Ubukungu bw’igihugu cya RDC bukomeje gukendera ndetse bivugwa ko nta mushinga wa politiki ugaragara Minisitiri w’intebe uheruka gushyirwaho afite.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa