Sosiyeti icukura Peterori muri Nijeriya yatangaje ko umuyoboro mugari utwara litiro ibihumbi 800 wapfumuriwe rwagati mu nzira yawo yerekeza muri Cameroon.
Byakozwe n’abajura bacometse amatiyo kuri uwo muyoboro,nabo bayohereza mu gice cyabo aho bayivomaga mu buryo butazwi.
Iyi sosiyeti yavuze ko izasenya uwo muyoboro mu rwego rwo gukumira no kwirinda ubujura nk’ubwo
Yanatangaje ko kandi abajura bibye iyo Peterori bapfumuye umuyoboro wayo mu gice giherereye ahitwa Ondo mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’Igihugu.
Ubujuru nk’ubu bukunze kwibasira imiyoboro ya Peterori muri Nigeriya, n’ikibazo gikomeye kandi kibangamiye ubukungu bw’igihugu rimwe na rimwe bigorana kugenzura igiciro cyayo ku isoko.
Iyi sosiye ya Nigeriya yashimangiye ko nubwo isanzwe ikora mu buryo buzwi n’amategeko bidakuraho ko hari abandi bamaze hafi imyaka 12 biba igihugu
Isosiyete ikora peteroli yavuze ko mu bucukuzi bwayo bwa Peterori muri Nijeriya yakoraga mu cyo yise ubujura buhishe mu myaka yose 12 ishize.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *