Umunyarwanda yakoze urubuga ruriho ibizamini bya Leta byose
Yanditswe: Thursday 07, Sep 2017
Shyaka James w’ imyaka 23 y’ amavuko yakoze urubuga rwa internet ashyiraho ibizamini bya Leta byose byakozwe ndetse n’ ibizamini by’ uruhushya.
Uyu musore wiga ibijyanye n’ ikoranabuga avuga ko yakoze uru rubuga www.isomo.info kugira ngo afashe abanyeshuri bitegura ibizamini kubona ibizamini byagiye bikorwa mu myaka yabanje bizwi nk’ ibicupuri.
Aganira n’ Umuseke dukesha iyi nkuru yagize ati “Twajyaga mu isomero tugasanga kopi z’ibizamini zirimo ni eshanu, kandi na zo uwinjiye akayiba akayitwara, (...)
Shyaka James w’ imyaka 23 y’ amavuko yakoze urubuga rwa internet ashyiraho ibizamini bya Leta byose byakozwe ndetse n’ ibizamini by’ uruhushya.
Uyu musore wiga ibijyanye n’ ikoranabuga avuga ko yakoze uru rubuga www.isomo.info kugira ngo afashe abanyeshuri bitegura ibizamini kubona ibizamini byagiye bikorwa mu myaka yabanje bizwi nk’ ibicupuri.
Aganira n’ Umuseke dukesha iyi nkuru yagize ati “Twajyaga mu isomero tugasanga kopi z’ibizamini zirimo ni eshanu, kandi na zo uwinjiye akayiba akayitwara, hasigaramo nk’ebyiri ugasanga abantu bazishaka ni benshi, bakatubwira ngo genda uzagaruke nyuma y’iminsi iyi… ugasanga habayeho gutanguranwa. Aho umuntu ari hose azajya abasha kubona za past papers [past exam papers] utiriwe kujya muri library ngo zashize.”
Avuga kandi ko uru rubuga ruzanafasha abarezi kuko na bo batajyaga babasha kubona kopi z’ibizamini ku buryo na bo bazajya barwifashisha rukabaha umurongo w’ibyo bagomba kwigisha abanyeshuri.
Ati “Ndifuza gutanga umusanzu mu burezi bufite ireme ku buryo buri munyarwanda wese abasha gutsinda atari bya bindi ngo kubona past papers ni uko ugomba kuba ufite mwene wanyu ukora muri REB, oya, wa mwana wavutse udafite abantu b’iwabo bize, age kuri uru rubuga abashe kubona Past papers.”
Kuri uru rubuga kandi hariho kopi z’ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga (Permis provisoire) byakozwe mu myaka itandukanye n’ibisubizo byabyo.
Ruzanafasha buri wese ukoresha umuhanda kuko hariho amategeko y’umuhanda, abasanzwe batwara ibinyabiziga bashobora kurwifashisha bihugura, naho abagenzi bakamenya uko bagomba kwitwara mu gihe bari mu ngendo.
Ati “Hari igihe umunyamaguru yambukaga kandi atari we wemerewe kwambuka, hari n’igihe na none utwaye imodoka yakabaye yitonda kugira ngo umunyamaguru atambuke ariko akabirengaho atari uko adafite permis ahubwo ari uko atakibuka ya mategeko y’umuhanda.
Hagiye kubaho gusobanukirwa, habeho kwihugura, buri wese yaba abana bato, abanyeshuri bamenye amategeko ku buryo bizagabanya impanuka.”
Shyaka avuga ko uru rubuga rumaze gusurwa n’abantu ibihumbi 18 rushobora kuzajya rufungurwa bidasabye internet mu gihe Leta y’u Rwanda yabimuteramo inkunga.
Ibitekerezo
Nsengiyumva Antoine.
Ndagushimye Shyaka James kuri icyo gitekerezo wagize ukabasha gusjyira mu bikorwa uwo mushinga.Icyo ni ikintu cy’ingenzi cyane abantu bajyaga bakenera nubwo mbona bigiye kubera impogamizi company zacuruzaga past pappers mu buryo buri hard bizabagora kongera kubona isoko.Ariko icyiza warebye igifitihe rubanda nyamwinshi inyungu.
Ni byiza mwana wa Rwanda,courage,ariko binabaye byiza wajya ushyiraho ibizamini byakazi byakozwe mu nzego zoze no kumyanya itandukanye
Utanze umusanzu pe. Ufashishe cyane abatari bafite uburyo bwo kugera kuri ayo makuru, cyane abana bo mu byaro bazunguka kuko nta nubwo bamwe bamenyaga ko izo past papers zabayeho bityo bagatsinda nabi.
Shyaka ndakwemeye kabisa. Ibi bifite umusaruro ku banyarwanda benshi bashaka ubumenyi. Nkubonye nakugurira agafanta.
Shyaka ni u Munyarwanda ukenewe mubihe nk’ibi. Abandi nabo bamwigireho kubyaza umusaruro ikorana buhanga H Excellence Paul Kagame yatuzaniye bimugoye kugira ngo ejo hacu habe heza
Sha urumuntu wumugaba pe izo past papers exams zari zikenewe courage kdi na MINEDUC ikwiyegereze ikubyaze umusaruro
Ibizamini byakozwe ubikurahe?ko merezaho witeze imbere
yarakoze nukuri mbonye bifunguka!!ni ubufasha atanzep
yego rwose ni byiza pe ariko se ibisubiz byo ?
Amakuru yibyavuye mukwaplyinga
Good komereza aho
Komerezaho ntuzacike intege.Leta yacu ni umubyeyi,nibona byubaka izagufashe kuko nawe uzaba urimo gutanga umusanzu.
Nyabisindu
Gusaba ibizamini
Gusaba ibizamini
Gufasha Abana Tubategura Neza kuzakora ikizamini Gisoza Umwaka wa 6 w’amashuri abanza
Gusaba ibizamini s6 english mu buryo bwo kwisuzuma nk’umwarimu ushaka kumenya intera agezeho.
Gusaba ibizamini s6 english
gusaba ibizamini bya leta by’ikinyarwanda by’amashuri abanza nibisubizo byabyo byo mumyaka yashize
gusaba ibizamini bya leta by’ikinyarwanda by’amashuri abanza nibisubizo byabyo byo mumyaka yashize
Ikizamini cya chemistry s1
Ndasha ibizamini bya Leta by’Ikinyarwanda byakozwe 2018,2017.
Nashakaga chemistry ya 2018,2019 na mathematics ya 2019,2021
Ndagushimye cyane
Ibizamini by’Ikinyarwanda
Kwiganez
Cyn
Ibizamini by’IKINYARWNDA N’IMIBARE
Nashakaga ibizamini by’ikinyarwanda n’imibare guhera 2018
Ndashyaka ibisubizo byikizamini cyareta cy imibare S3 2022
Mwampaye ibibazo n’ibisubizo byab lfk
Ndifuza questionnaire corrige za français
Mwaduhaye link y’ibizamini bikosoye
No
Mwaduhaye ibisubizo by’ ikizamini cya let’s cy’ikinyarwanda umwaka was gatandatu ubanza cya 2021
mwiriwe mwambonera ibizamini bya leta guhera mumwaka wa 2000-2023
Ndashaka ibibazo n’ibisubizo by’ibizamini ba leta 2019 imibare
Bashakaga ibizamini byakozwe 2022 mwishami rya HEL murakoze
Konarinkeneye ikizami cyakozwe 2022 mwishami rya HEL nabibona gute munsobanurire