Nyuma y’uko bigaragaye ko inzara ivuza ubuhuha muri Nigeria, Perezida Bola Tinubu yabwiye abaturage Bose ko bagomba gufata ingamba ngo bahangane n’icyo kibazo.
Iki kibazo ahanini ngo cyatewe n’itumbagira ry’ibiciro, biturutse ku ntambara y’Uburusiya na Ukraine.Ibi bikaba bitarabaye ikibazo gusa kuri Nigeria
Leta ivuga ko iki kibazo cyakomeje gufata indi ntera, ariko muri uyu mwaka ho cyarushijeho gukara mu kwezi gushize ku buryo Igihugu cyahisemo gufata ingamba zikarishye kugira ngo babanze bahangane na cyo.
Zimwe mu ngamba zafashwe harimo gusakaza ifumbire mu baturage, bakongera imbaraga mu buhinzi aho kuzongera ku bikomoka kuri peteroli ari nabyo bikomeje gusa nibishyira iki gihugu mu bihe bidasanzwe.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *