skol
fortebet

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku ishoramari muri Arabie Saoudite

Yanditswe: Tuesday 24, Oct 2023

featured-image

Sponsored Ad

Perezida Paul Kagame yageze i Riyadh muri Arabie Saoudite, aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku ishoramari yitwa Future Investment Initiative (FII7).

Sponsored Ad

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro dukesha iyi nkuru, byatangaje ko Perezida Kagame yageze i Riyadh kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023, aho yakiriwe na Mohammed bin Abdulrahman bin Abdulaziz, Umuyobozi wungirije w’umujyi wa Riyadh.

Iyi nama yatangiye kuri uyu wa 24 ikazageza ku ya 26 Ukwakira 2023, igamije gufasha abashoramari kugira ibyo bahindura mu mikorere y’ibigo byabo, bijyanye n’uburyo ubukungu bw’Isi buhagaze.

Hari kandi no kubafasha gutegura ingamba nshya bakabasha gusobanukirwa ibibazo bibangamiye Isi kugeza uyu munsi, ndetse n’ahari amahirwe yo gushoramo imari.

Iyi nama ya karindwi biteganyijwe ko izitabirwa n’abashoramari bakomeye ku Isi, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abavuga rikijyana, abashakashatsi n’abandi batandukanye, bose bagamije kurebera hamwe ahari amasoko mashya yo gushorwamo imari, ndetse n’imbogamizi nshya zibangamiye iterambere ry’ubukungu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa