skol
fortebet

Ubucuruzi buciriritse bwihariye 33% ariko umusaruro wabwo wa 2% niwo woherezwa hanze gusa

Yanditswe: Friday 30, Jun 2023

featured-image

Sponsored Ad

Kuri uyu wa 30 Kamena 2023, U Rwanda rwizihije umunsi wahariwe ubucuruzi buto n’ubuciriritse wahurijwe hamwe abakora muri uru rwego, abikorera muri rusange, imiryango itari iya leta, ndetse n’inzego za Leta zinyuranye.

Sponsored Ad

Urwego rw’ubucuruzi buto n’ubuciriritse rwihariye 33% by’umusaruro mbumbe w’igihugu ndetse 70% by’abakozi, bakora muri uru rwego.

Binyuze mu biganiro binyuranye, abitabiriye ibi birori byanateguwe na Ministeri y’ ubucuruzi n’inganda, bararebera hamwe uburyo bwo guteza imbere uru rwego binyuze muri gahunda yo koroherezwa kubona igishoro ndetse no kwagura amasoko ku rwego mpuzamahanga.

Imibare igaragaza ko 2% gusa by’ibikorwa muri uru rwego aribyo byonyine byoherezwa hanze y’u Rwanda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa