skol
fortebet

Abadepite barimo Frank Habineza bakoze impanuka ikomeye y’imodoka

Yanditswe: Wednesday 15, Nov 2023

featured-image

Sponsored Ad

Ba Depite Dr Frank Habineza, Hon Germaine Mukabalisa na Hon Manirarora Annoncée bakoze impanuka y’imodoka nyuma yo kugongwa n’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yari yikoreye amabuye.

Sponsored Ad

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri i Gahanga mu Karere ka Kicukiro ubwo aba badepite bari berekeje muri siporo mu Karere ka Bugesera.

Depite Dr Habineza yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko Imana yakinze ukuboko ntihagira uhasiga ubuzima gusa imodoka yangiritse cyane.

Avuga ko iyi mpanuka ikimara kuba bahise bajyanwa igitaraganya ku bitaro byitiriwe Umwami Faysal kugira ngo bitabweho n’abaganga.

Yagize ati “Bakoze ibizamini byose, njyewe ndikubababara cyane mu gituza ariko hari mugenzi wanjye wababaye cyane. Turacyariho yari kuba ari inkuru mbi.”

Dr Frank Habineza, Hon. Germaine Mukabalisa na Hon Manirarora Annoncée nyuma yo kwitabwaho n’abaganga batashye mu ngo zabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa