skol
fortebet

Umutoza wa Rayon Sports yashyize agaragaza ikibazo kiri gutuma atsindwa

Yanditswe: Thursday 18, Apr 2024

featured-image

Sponsored Ad

Umutoza wa Rayon Sports,Julien Mette yemeje ko abakinnyi be badakomeye nyuma y’uko benshi bagiye abandi bakaba baravunitse bityo akaba ari gukinisha abasimbura.

Sponsored Ad

Abajijwe niba hari ubushobozi abona mu bakinnyi afite, Julien Mette yanze kurya iminwa, avuga ko kuri ubu asigaye akinisha abasimbura nyuma y’aho abarimo Rwatubyaye Abdul, Joackiam Ojera, Musa Esenu na Héritier Luvumbu bagendeye.

Ati "Barashoboye kuko twigeze kubikora [turatsinda], ariko ntekereza ko mwari hano kuva umwaka w’imikino utangira, mushobora kubona ko muri rusange kuva mu mpera za Mutarama, reka tuvuge Gashyantare, ikipe ya Rayon Sports ntikiri ya yindi yakinnye imikino ibanza ya Shampiyona, yatakaje abakinnyi benshi."

Yakomeje agira ati "Ubu turi guhura n’ikibazo cy’uko turi gusaba abakinnyi bicaraga ku ntebe y’abasimbura gufata inshingano. Guhindura imitekerereze, ikava ku kwicara ku ntebe bategereje ko Luvumbu atsinda ’coup-franc’, reka tuvuge ukuri, noneho bakajya mu kibuga bagatuma ikipe ibona intsinzi."

Ibi ni byo yagereranyije nko "kujya mu kigo, undi munsi bakakubwira bati uyu munsi ubaye perezida wacyo ugomba gufata icyemezo."

Yongeyeho ati "Iki ni cyo kibazo. Ku bw’ibyo, sinabarenganya kuko urebye ubusatirizi dufite uyu munsi, bose bari ku ntebe y’abasimbura mu ntangiriro. Twari dufite Esenu, Ojera, Luvumbu, murabizi neza kundusha. Si byo? Ngomba kubasaba byinshi, ni ko kuri k’umukino, tugomba gushimisha abafana, ni cyo gitutu cyo gukinira Rayon Sports."

Mette yibukije ko ubu ari gukinisha abarimo Iradukunda Pascal wasimbuye Tuyisenge Arsène mu minota ya nyuma.

Ati "[Pascal] ntiyakinnye mu mikino ibanza. Si byo? Yewe na Gomis, yaje muri Mutarama. Turi guhura n’iki kibazo. Ikibazo dufite ni uko twatakaje abakinnyi baduhaga 80% by’ibitego byacu. Si byo munyamakuru? Reba ibitego Rayon Sports yatsinze n’uwatanze imipira byaturutseho mbere y’uko nza."

Yongeyeho ati "80% byabyo byatsinzwe na Luvumbu, Esenu, Ojera na penaliti zakorerwaga kuri Ojera. Ngomba guhindura imitekerereze y’aba bakinnyi."

Uyu mukino wabaye uwa kabiri wikurikiranya Rayon Sports yatsinzwe nyuma y’uwa Etincelles FC muri Shampiyona.

Gikundiro izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu aho izaba yakiriwe na Bugesera FC mu mukino w’Umunsi wa 28 wa Shampiyona uzabera mu Bugesera.

IVOMO:IGIHE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa