Print

Bwa mbere Zuchu yahishuye ko Diamond ariwe wamutwaye ubusugi

Yanditwe na: Rebecca UFITAMAHORO 14 September 2023 Yasuwe: 1620

Ibi byabaye mu kiganiro cyabaye, ubwo umunyamakuru wa Wasafi Tv yasangaga Diamond Platnumz na Zuchu mu cyumba cya Hotel aho bari bari, amuha agapapuro kariho ibibazo, Zuchu atangira kubisoma.

" Kugeza kuri ubu, ni abagore cyangwa abagabo bangahe mwaba mwararyamanye?..

Zuchu yahise asubiza vuba vuba ko ari umwe, ndetse asubiza ariko ahobera Diamond Platnumz anamusomagura Cyane ku munwa. Umunyamakuru yongeye kumubaza niba ariwe wenyine koko, agira ati "Nta wundi, ese hari undi mukunzi uzi nigeze ngira?, Hoya ntawe, ni umwe gusa".

Zuchu avuga ko ntacyo bimubwiye kuba Diamond Platnumz ari boss we bakaba bakundana, ndetse akongera akanavuga ko kuba Diamond Platnumz, aba ajya mu bandi bagore ntacyo bimubwiye kuko igihe kizajya kigera n’ubundi amugarukire.