Print

Urujijo ku murongo muremure w’amakamyo bikekwa ko yikoreye intwaro yagaragaye mu Burundi

Yanditwe na: ISIMBI Estella 17 April 2026 Yasuwe: 1701

Ubwo izi ntwaro zatangiraga kwinjira muri iki gihugu, byavugwaga ko ari izizifashishwa mu ntambara iki gihugu kiri kugiramo uruhare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nk’uko byatangajwe n’impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Pacifique Nininahazwe, izi ntwaro zituruka ku cyambu cya Mombasa muri Kenya, zikanyura muri Tanzania, zigakomereza mu Burundi.

Kuva mu ntangiriro y’iki cyumweru, urugendo aya makamyo ari gukora rwateye urujijo rukomeye, kuko bica amarenga ko intego ihari atari ukuzikoresha mu ntambara yo mu burasirazuba bwa RDC gusa.

Nininahazwe uyobora umuryango FOCODE yatangaje ko tariki 10 Mata 2026, amakamyo 23 yikoreye intwaro yinjiye mu Burundi. Yemeza ko abasirikare ba Kenya bayaherekeje bayageza ku mupaka wa Tanzania, aba Tanzania na bo bayageza ku mupaka wa Kobero.

Avuga ko aya makamyo ageze i Kobero mu Burundi, abasirikare b’Abarundi barayaherekeza, bayageza mu kigo cya gisirikare cya Mukoni kandi ko atigeze apakururwa.

Nininahazwe uzwiho kugira amasoko yizewe mu nzego z’umutekano z’u Burundi, yatangaje ko tariki ya 13 Mata abashoferi babwiwe ko bagomba gusubiza aya makamyo ku mupaka wa Tanzania kubera impamvu itaramenyekana.

Yasobanuye ko hari andi makamyo 60 yari yarinjiye mu Burundi mbere, akomereza i Bujumbura na Gitega, ariko ko na yo yasubiye ku mupaka wa Kobero, ubu yose uko ari 83 akaba atonze umurongo muremure mu gace ka Kinazi muri Komini Muyinga, hafi ya Tanzania.

Nininahazwe yashyize ku mbuga nkoranyambaga amashusho y’amasegonda 25 agaragaza amakamyo menshi atonze umurongo muri Kinazi, yemeza ko ari yo yikoreye izi ntwaro.

Yagize ati “Abari kuva i Kobero cyangwa abari kujyayo barabona ayo makamyo aho ahagaze. Yose yuzuye intwaro zari zaje byitwa ko ari iz’u Burundi none zijyanywe muri Tanzania mu ibanga rikomeye.”

Amakuru yamenyekanye yemeza ko aya makamyo aparitse muri Kinazi guhera ku wa 16 Mata mu gihe abashoferi bayo bategereje ko abasirikare ba Tanzania bayambutsa, bakayageza ku cyambu cya Tanga gusa aho azakomereza nyuma yaho ntiharamenyekana.

Nubwo iby’aya makamyo bitarasobanuka, u Burundi bumenyereweho kugura intwaro mu buryo buteye urujijo kuko no mu 2009 bwarabikoze. Raporo ya Loni yagaragaje ko iki gihugu cyaguze muri Malaysia imbunda ibihumbi 40 cyavugaga ko zari gukoreshwa n’igipolisi.

Iperereza ryakozwe icyo gihe ryagaragaje ko u Burundi bufite abapolisi batarenze ibihumbi 20, hibazwa abagenewe izindi mbunda ibihumbi 20 zarengaga ku mubare wabo.

Byagaragaye ko zimwe muri izi ntwaro zoherejwe mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda, na wo uha Leta y’u Burundi amabuye y’agaciro wakuye muri RDC nk’ikiguzi.

Muri iki gihe, hari andi makuru avuga ko Leta y’u Burundi iri kwegeranya Abanyarwanda barwanya Leta y’u Rwanda baba i Burayi kugira ngo bahuze imbaraga zabafasha kurutera mu gihe kiri imbere, bagahindura ubutegetsi bwarwo.

Aya makuru avuga ko Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi, Thérence Ntahiraja, ari we wahawe inshingano yo kwegeranya aba Banyarwanda barimo abiyita impunzi za politiki.