Print

Umunyarwanda ukekwaho kwiba arenga 3 Miliyoni agahungira Uganda yatawe muri yombi

Yanditwe na: 5 January 2017 Yasuwe: 1154

Polisi ya Uganda yataye muri yombi inohereza mu Rwanda Umunyarwanda ukekwaho kwiba arenga miliyoni 3 mu karere ka Rusizi akajya kwihisha muri Uganda.

Isaïe Hategekimana akurikiranyweho kwiba amafaranga ibihumbi 4 by’ amadorali y’ Amerika, n’ ibihumbi 40. Aya mafaranga yibwe uwitwa Solange Ayinkamiye wo mu karere ka Rusizi mu Ukwakira umwaka ushize wa 2016.

Ku wa kabiri w’ iki cyumweru i Gatuna ku mupaka w’ u Rwanda na Uganda nibwo Polisi ya Uganda yashyikirije Polisi y’ u Rwanda Hategekimana.

Ubwo Ayinkamiye yaburaga aya mafaranga yari yararanye n’ inshuti ye Hategekimana. Umuyobozi wa Polisi y’ u Rwanda mu karere Gicumbi Dan Ndayambaje wakiriye Hategekimana yashimye imikoranire iri hagati ya polisi y’ u Rwanda na Polisi ya Uganda.

Dan Ndayambaje avuga ko ubwo Ayinkamiye yari akimara kwibwa yahise abimenyesha polisi y’ u Rwanda ikorera mu karere ka Rusizi bakurikirana bagasanga Hategekimana yamaze kwambuka yerekeza muri Uganda.

Ibi ngo nibyo byatumye polisi mpuzamahanga ishami ry’ u Rwanda Interpol Rwanda ihita ihamagara iyo muri Uganda batangira kumushakisha ngo agezwe imbere y’ ubutabera.

Hategekimana yoherejwe mu Rwanda nyuma y’ igihe gito afatiwe mu gihugu cy’ abaturanyi cya Uganda.