Print

Big dom yashyize ahagaragara indirimbo ye nshya ivuga ku kwibuka Jenosde yakorewe Abatutsi

Yanditwe na: 3 April 2017 Yasuwe: 501

Nyuma y’igihe kinini atumvikana umuhanzi Big Dom kuri ubu usigaye atuye mu Bufaransa aratangaza ko agiye kugarukana umuzingo w’ indirimbo ariko mbere yawo akaba yashyize ahagaragra indirimbo ’Etre abandonné’ mu rwego rwo kwifatanya n’abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 23 ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Binyuze mu bihangano bye ‘Igishwi’, ‘Ange orange’, Cyuzuzo’, ‘Mutesi’ n’izindi ndirimbo yagiye ashyira hanze ha mbere Cyubahiro Dominique wamenyekanye cyane nka Big Dom ni umwe mu bahanzi bafashe iya mbere mu kuzamura muzika nyarwanda igezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Kuri ubu Big Dom arimo gutegura umuzingo uzaba uriho injyana zitandukanye. Zimwe mu ndirimbo ziri kuri iyo uwo zizatangira kujya ahagaragara mu kwezi gutaha.

Iyi ndirimbo ’Etre abandonné’ ikaba yakozwe n’utunganya muzika Didier ( producer Didier) Touch ukorera i Bruxelles mu Bubiligi.

Umva iyi ndirimbo ’Etre abandonné’