Print

Ubuhinde: Igikuta cyagwiriye abari mu birori by’ ubukwe 22 bahasiga ubuzima benshi barakomereka

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 11 May 2017 Yasuwe: 1146

Nibura abantu 22 bapfuye nyuma yo kugwirwa n’ igikuta ubwo bari mu birori by’ ubukwe mu majyaruguru y’ u Buhinde.

Iyo mpanuka yatewe n’ umuyaga wahushye ubwo bari mu birori by’ ubukwe yakomereyemo abagera kuri 22 muri 15 bakomeretse mu buryo bukabije nk’ uko byatangajwe na polisi yo muri icyo gihugu.

Urwo rukuta rwari rufite metero 27 z’ uburebure rwaguye ku gihande cyari kicyayemo abashyitsi bari batashye ubwo bukwe.

Umupolisi witwa Anil Tank yavuze ko abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro kugira ngo bitabweho n’ abaganga.

Televiziyo ya Aljazeera yatangaje ko iyo mpanuka yaguyemo abana bane