Print

Lionel Messi yahawe akayabo k’amayero ngo yemere kongera amasezerano muri Barcelone

Yanditwe na: Martin Munezero 7 July 2017 Yasuwe: 1380

Mu minsi ishize Lionel Messi yasinye amasezerano y’imyaka ine mu ikipe ya Fc Barcelone aho yahise yongezwa umushahara akazajya ahembwa asaga miliyoni 40 z’amayero ku mwaka, gusa ariko uretse kongezwa umushahara hari n’ andi mafaranga y’ishimwe Messi yahawe akimara gusinya amasezerano y’imyaka.

Nk’ uko ikinyamakuru Sport cyo muri Espagne kizwiho kugira amakuru yizewe ku ikipe ya Fc Barcelone cyabitangaje, Messi kugira ngo asinye amaserano y’imyaka 4 azamugeza muri 2021 yahawe akayabo ka miliyoni 50 z’amayero.

Aya mafaranga ubusanzwe atarongezwa umushara bikaba byaramufata imyaka irenga ibiri kugira ngo abe yaya koreye, byumvikana ko ari kimwe mu bintu bikomeye byatumye yemera kongera amasezerano n’ikipe ya Barcelone.