Print

Minisitiri Uwacu yerekanye uko Paul Kagame yakijije ab’I Rubavu ‘Gushwiragira’

Yanditwe na: Iyamuremye Janvier 26 July 2017 Yasuwe: 1791

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienneushinzwe ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame, yabwiye abatuye akarere ka Rubavu kuzatora Paul Kagame ku mwanya w’umukuru w’Igihugu bashingiye ku kuba yarabakijije gushwiragira.

Ibi yabitangarije mu karere ka Rubavu ahari hateraniye ibihumbi byaje kumva umukandida wa RPF Inkotanyi. Uwacu avuga ko abaturage ba Rubavu bacyerebutse kuburyo basigaye bazi gukirigita ifaranga.Ngo imihanda ikoze neza kuburyo kugenda ari ukunyerera.

Ngo Paul Kagame watanzwe na RPF inkotanyi yabakijije ‘gushwiragira’, none ubu bakaba bariteje imbere aho basigaye bazi kubara amafaranga.

Yungamo ati “Amashanyarazi twayabonaga tugiye kuri Mudende […] kuva Kabuhanga ukajya kwivuriza kuri Mudende none ubu i Sashwara hari iki?…”

Paul Kagame asoje ibikorwa bye byo kwiyamamaza kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Nyakanga mu karere ka Rubavu, aho yavuze ko abanyarwanda bakwiye kuba igihugu bakoresheje ubwenge bwabo.

“Ndagira ngo twumve ko itariki enye z’ukwa munani, ari ugukomeza urwo rugendo. Ni mwebwe nanjye. Ubwo turi kumwe. Murashaka kubaka igihugu rero, dukoresheje ubwenge bwacu, dukoresheje imbaraga zacu, dukoresheje ubumwe bwacu. Hejuru yabyo n’ubushake.”


Comments

Hadassa 26 July 2017

JULIENNE OYERERR