Umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba ukomeye cyane hano mu Rwanda uzwi nka Anita Pendo, yatangaje abantu benshi ubwo yashyiraga hanze amashusho ye arimo kubyina aratungurana cyane bitewe n’uburyo yabyinagamo bidasanzwe kandi atwite.
Abantu benshi bagiye babona aya mashusho ya Anita Pendo bayatangariye cyane,ndetse abenshi banibaza ukuntu yaba abasha kubyina bene kano kageni ,mugihe bigaragara ko akuriwe cyane, aho batekerezaga ukuntu umuntu ukuriwe bene aka kageni yabasha kubona imbaraga zo kubyina kuriya ntagire ikibazo.
Anita Pendo aritegura kwibaruka imfura muri Nzeri 2017 n’umukunzi we Ndanda Alphonse
Irebere nawe ayo mashusho hano