Print

Bobi Wine yagaragaye mu myambarire y’abanyamuziki ahabwa inkwenene- AMAFOTO

Yanditwe na: Martin Munezero 7 August 2017 Yasuwe: 2434

Umunyamuziki Bob Wine uheruka gutorerwa kuba umudepite mu nteko nshingamategeko ya Uganda yatunguye abatari bake bitewe n’imyambarire yagaragayemo mu mpera z’icyumweru gishize yatumye benshi bavuga ko atariyumvamo kuba umudepite.

Nk’uko ikinyamakuru The Chimpreport cyandikirwa muri Uganda kibivuga ngo nyuma y’aho Bobi Wine atorerwa kuba umudepite benshi mu bafana be batekereje ko uyu mugabo agiye gutandukana n’imyambarire y’abahanzi akajya yambara nk’abanyapolitiki.

Gusa ibi siko byaje kugenda kuko mu mpera z’icyumweru gishize Bobi Wine yagaragaye mu myenda igaragaraza ko amazi ashyuha ariko atajya yibagirwa iwabo wa mbeho.

Bobi Wine yagaragaye yambaye mu buryo busanzwe bumugaragaza nk’umuhanzi aho kwambara mu buryo mu bugaragaraza nk’umudepite. Ibi byaje gutuma benshi bibaza iba batibeshye ubwo bamutoraga ngo abahagararire mu nteko nshingamategeko.