Print

Umunyarwanda usiganwa ku maguru urembeye muri Uganda aratabaza

Yanditwe na: 20 September 2017 Yasuwe: 4536

Umukinnyi Ntakiyimana Emmanuel ukinira ikipe ya APR y’imikino ngororamubiri arembeye mu bitaro by’i Kampala nyuma yo kubagwa “Appendix”, hakabura amafaranga yo kwishyura ibitaro.

Amakuru dukesha ikinyamakuru izubarirashe ni uko uyu musore usanzwe yiga ibijyanye n’ingendo z’indege muri Kenya,yari amaze iminsi mu Rwanda yimenyereza umwuga (stage) aho nyuma yo kubirangiza yarembeye mu nzira ubwo yari asubiye muri iki gihugu biba ngombwa ko yerekeza mu bitaro byo mu mugi wa Kampala bya Sambya Hostel arwariyemo magingo aya.

Ntakiyimana yabwiye ikinyamakuru izubarirashe.rw ko akeneye inkunga yo kwishyura ibi bitaro cyane ko yamaze kubagwa, gusa yatangarije iki kinyamakuru ko ataramenya umubare w’amafaranda agomba kwishyura.