Print

Eddy Kenzo yashwanye n’umukunzi we bafitanye umwa

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 26 September 2017 Yasuwe: 2236

Umuhanzi Eddy Kenzo wo muri Uganda yashanye n’umukunzi we Rema Namakula bafitanye umwana umwe w’umukobwa, ngo kuri ubu ntabwo bameranye neza ndetse byafashe indi ntera kuko uyu muhanzi yataye urugo.

Inkuru ya Bigeye dukesha iivuga ko hari amakuru avuga ko Eddy Kenzo yaba yatandukanye n’uyu mukunzi we ndetse uyu muhanzi yaba yavuye mu nzu ye aho bari basanzwe baba maze yerekeza ku nzu asanzwe atunganyirizamo imiziki ye iherereye Makindye.

Bivugwa ko aba bombi bashwanye nyuma y’ubwumvikane buke baherutse kugirana, ngo ibi ni nabyo byatumye Kenzo ahitamo kuba avuye mu rugo rwe akaba agiye gushaka ahandi aba yibereye. Kugeza ubu Eddy Kenzo we ntaragira icyo abivugaho.