Umusore Mwangi Samuel wakoze impanuka ikomeye muri Tour du Rwanda ya 2016 ku gace ka nyuma bigatuma acibwa ukuguru,abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook yashyize hanze ifoto igaragaza ukuguru kwe kwavunitse bibabaza benshi mu bakunzi b’umukino wo gusiganwa ku magare.
Uyu musore wakiniraga ikipe ya Kenyan riders Downunder yahindutse Safaricom muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka ari hafi kumara umwaka aciwe ukuguru nyuma yo gukorera impanuka ikomeye muri Tour du Rwanda y’ubushize ndetse birangira aciwe ukuguru kwe kw’Ibumoso.
Ubwo yashyiraga hanze iyi foto yanditseho amagambo agira ati “Umwaka utaha nzaba meze neza”.