Print

Charly&Nina berekeje mu birori bizitabirwa n’umwami w’Ubuganda

Yanditwe na: Iyamuremye Janvier 28 December 2017 Yasuwe: 526

Kuri uyu wa kane tariki ya 28 Ukuboza 2018 nibwo Charly na Nina bahagurutse mu Rwanda berekeza i Kampala muri Uganda mu gitaramo kizabera mu ngoro y’i Bwami iri ahitwa i Lubiri, Mengo mu murwa mukuru wa Kampala.

Iki igitaramo kiswe “Enkuuka” kizaba ku cyumweru tariki ya 31/12/2017, cyatumiwemo abanyamuziki batandukanye, abacuranzi n’abanyarwenya babarizwa muri Uganda n’abandi bakomoka imahanga barimo na Charly na Nina ndetse na Saida Kalori wo muri Tanzania.

Umwami wa Buganda, Ronald Muwenda Mutebi wa Kabiri akaba azifatanya n’aba bahanzi ndetse n’abandi bazitabira iki gitaramo gusoza neza umwaka wa 2017. Muri iki gitaramo hazerakanwa ibyino gakondo, umuco n’ imikino yo kwishimisha iranga iki gihugu.

Uyu mwaka wahiriye aba bakobwa; bakoze ibitaramo bitandukanye bazenguraka igihugu bakomereza no mu mahanga.Ni umwaka kandi bashyize hanze indirimbo nyinshi banamurika album.

Charly na Nina bemeje aya makuru