Print

Perezida Kagame ari muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi

Yanditwe na: Iyamuremye Janvier 14 January 2018 Yasuwe: 319

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Perezida Paul Kagame yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe aho yakiriwe na mugenzi we Perezida John Magufuli.

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 14 Mutarama 2018, nibwo Perezida Kagame yari ageze ku kibuga cy’Indege Julius Nyerere(JNIA).

Perezida Kagame yageze muri Tanzaniya ku isaha ya saa tatu za hano mu Rwanda

KT iravuga ko mu ruzinduko rwe, abakuru b’ibihugu baza gukomoza ku mishinga u Rwanda na Tanzania bihuriyeho, nko mu Muryango w’Afurika Iburasirazuba (EAC) kimwe n’ibindi bikorwa by’ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi.