Print

Muhire Kevin yavuze ko Masudi Djuma ariwe watumye baterekeza mu matsinda ya CAF Confederations Cup ubushize

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 20 April 2018 Yasuwe: 2270

Muhire yavuze ko Ivan Minnaert ariwe wagize uruhare runini mu gutuma Rayon Sports igera mu matsinda ya CAF Confederations Cup kubera inama yabagiriye ndetse n’uburyo bw’imitoreze yazanye muri Rayon Sports.

Yagize ati “Uyu mwaka twagize amahirwe ndetse twari twiteguye neza niyo mpamvu tugeze mu matsinda.Hari itandukaniro hagati ya Masudi na Ivan Minnaert kuko ibyo Masudi yatubwiraga sibyo Minnaert atubwira.Ubushize ubwo twaburaga itike habaye ikibazo hagati y’abakainnyi na Masudi ntitwabasha kugera mu matsinda.”

Kevin yasabye imbabazi abafana ba APR FC bababajwe n’amagambo yavuze ko kujya muri APR FC ari nko kujya muri gereza aho yemeje ko yabitewe n’ubwana ndetse avuga ko aho ubuzima bwamwerekeza yajyayo.

Rayon Sports yabonye itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Confederations Cup itsinze Costa do Sol yo muri Mozambike ibitego 3-2 mu mikino yombi.