Ubwo yari mu rukiko uyu mugore yavuze ko umugabo we yiriwe mu kabari ari kunywa inzoga bigeze nimugoroba ataha amubwira ko baryamana arabyanga niko gushaka kumufata ku ngufu yirwanaho akoresheje icyuma amuca igitsina.
Lira waciye umugabo we igitsina yagejejwe imbere y’urukiko
Urukiko rwashinje uyu mugore ko atabikoze yirwanaho ahubwo yamuciye igitsina ubwo yari aryamye yasinziriye niko kumukatira igifungo cy’imyaka 4.
Uyu mugore ntiyababajwe n’iki gihano yahawe kuko yabwiye urukiko ko guhanwa kuri we ari ibisanzwe ndetse ashimangira ko uyu mugabo we yari asanzwe amuca inyuma.