Print

Nizzo na Humble Jizzo bagize icyo bavuga kuri Safi aramutse yifuje gusubira muri Urban Boys

Yanditwe na: Muhire Jason 21 April 2018 Yasuwe: 2829

Humble Jizzo na Nizzo Kaboss basigaye mu itsinda rya Urban boyz, batangaje uburyo bashobora kwakiramo mugenzi wabo Safi Madiba wahoze muri pri tsinda akaza kurivamo, igihe yaba yifuje kugaruka gukomeza gukorana nabo nk’uko byahoze.

Aba basore ubwo baganiraga na City Radio, bakabazwa niba bashobora kubabarira Safi Madiba wabigumuyeho mugihe yaba yifuje kugaruka asaba ko bakomezanya mu mikorere yabo, bavuze ko ntakabuza bamuha imbabazi ntakuzuyaza.

Bagize bati “umuco nyarwanda udusaba kubabarira kandi n’Imana nibyo idusaba aramutse agarutse rwose nta kibazo.”

Twakwibutsa ko Muri Nzeri 2017 aribwo Niyibikora Safi uzwi nka Safi Madiba yatangaje ko avuye mu itsinda rya Urban Boys bari bamaranye imyaka 10 baririmbana. Uyu musore yavuze ko yabonaga ntagahunda yo gukora umuziki bagenzi be bari bafite ahitamo gufata umwanzuro wo kubavamo agatangira gukora ku giti cye.