Print

Rubyogo uzwi muri filime nyarwanda amabere ye atuma bamwitiranya n’abakobwa[AMAFOTO]

Yanditwe na: Muhire Jason 25 April 2018 Yasuwe: 3547

Umukinnyi w’amafilimi Mudahigwa Emmanuel bita Fils yamenyekanye muri sinema nyarwanda ku izina rya Rubyogo akomeje gutangaza abantu ku mbuga nkoranyambaga zishyirwaho amashusho kubera umubere afite mu gihe hari abamwibeshyaho ko ari umukobwa nubwo we avuga ko kunywa inzoga cyangwa kurya ibiryo bikungahaye ku binture atari byo bituma abyibuha nk’uko bamwe babimubwira.

Yagize ati ” Kunywa agasembuye cyangwa kuba mbyibushye ntacyo bintwaye kandi numva bimpaye amahoro nk’abandi bose ”

Rubyogo kuva yatangira gukina filime amaze kugaragara muri filimi cumi n’eshanu nka zirimo Kigali si ikigoma, Ntamunoza, Ndiho ntariho, Twese turi bene Kanyarwanda aho kuri ubu yagaragaye muri filime nshya igiye kujya hanze.