Print

Abahitanywe n’umutingito muri Afrika y’epfo biyongereye

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 5 May 2018 Yasuwe: 1423

Ikigo Sibanye-Sillwater gishinzwe ubucukuzi bw’izo zahabu cyatangarije BBC ko abakozi bacyo batatu bari batabawe ubu bamaze kugwa kwa muganga bahitanwe n’ibikomere.

Uyu mutingito ngo waturutse hafi yaho abo bakozi bari bari gukorera hanze y’umugi wa Johannesburg bikiba 13 bagwirwa n’ikirombe bahera mu kuzimu ku birometero bitatu uvuye hejuru ku butaka.

Iki kigo kivuga ko batandatu muribo bakiri kwa muganga kandi ko bari koroherwa.

Mu kwezi kwa kabiri kandi abakozi bo muri iki kirombe bagera hafi ku gihumbi muri Afrika y’epfo bamaze mu kuzimu amasaha hafi 24 bitewe n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu kirombe kiki kigo.