Print

Isheja Butera Sandrine yahishuye byinshi ku mibanire ye n’ umugabo we Kagame Peter [VIDEO]

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 2 September 2018 Yasuwe: 8420

Sandrine yavuze ko kugira ngo amenyane n’ umugabo we Kagame Peter byatewe n’ uko Kagame hari umuhungu w’ inshuti ye yakundaga kujya kureba ku Isango Star aho Sandrine yakoraga. Ngo byatangiye ari ibintu bisanzwe amufata nka musaza we nta kintu bahishanya biza kuvamo urukundo bashinga urugo.

Sandrine ashima umugabo we kuko azi kwita ku nshingano z’ urugo, akavuga ko no kazi akora ariwe mujyanama we cyane ko Kagame yize iby’ amategeko.

Uyu munyamakuru uvuga ko akunda kurya imboga cyane naho umugabo we agakunda igitoki.

Ibi byose n’ ibindi tutarambuye urabisanga muri iki kiganiro mu mashusho Isheja Butera Sandrine yagiranye na RBA.