Print

Umunyamideli yagerageje kwiyahura kubera uburwayi yagize bwatumye abura umusatsi wose [AMAFOTO]

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 16 September 2018 Yasuwe: 2885

Uyu munyamideli wakundaga umusatsi we,yahuye n’uruva gusenya ubwo yafatwaga n’ubu burwayi umusatsi we ushira ku mutwe,byatumye agerageza kwiyahura inshuro zigera kuri 15 umuryango we ukamutabara.

Ku myaka 14 nibwo yatangiye kuvurwa ubu burwayi ariko abaganga ntibagira icyo bamufasha birangira azanye uruhara bimunanira kubyakira byatumye atangira kugenda agerageza kwiyahura.

Mu mwaka wa 2016 uyu mukobwa yiyahuje ibiyobyabwenge anywa byinshi cyane byatumye ata ubwenge ajyanwa igitaraganya mu bitaro.

Nyuma yo kugerageza kwiyahura inshuro 15 zose ntibikunde,uyu mukobwa yafashe umwanzuro wo kwiyakira ndetse kuri ubu yatangiye gahunda yo gufasha abahuye n’ikibazo nk’icye kudaheranwa n’agahinda yise “You’re not Alone”.

Nubwo Lara yahisemo kugura ibisimbura umusatsi we,yashyize hanze amafoto agaragaza umutwe we w’uruhara mu rwego rwo kugira urubyiruko inama yo kwirinda kwiyahura.