Print

Stormy Daniels waryamanye na perezida Trump yandagaje bikomeye igitsina cye

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 19 September 2018 Yasuwe: 3749

Uyu mugore wiyise Stormy Daniels ariko witwa Stephanie Clifford yasohoye igitabo kirimo umubano wose yagiranye na Perezida wa USA,Donald Trump aho yavuze ko igitsina cye ari gito ndetse giteye mu buryo budasanzwe nk’aga tentin gakina muri Mario Kart.

Stormy yavuze ko igitsina cya Trump gifite umutwe nk’uwa aka gakinnyi gakina muri Video game ya Maro Kart

Muri iki gitabo Stormy yavuze ko Trump atifuzaga kuba perezida aho yemeje ko baryamanye bahuriye mu irushanwa rya Golf Edgewood Tahoe mu mwaka 2006,ubwo umugore we Melanie yari atwite inda y’umuhungu wabo Barron.

Yagize ati “Arabizi ko afite igitsina gitangaje.Gifite umutwe munini nk’uw’igihumyo.Nababajwe n’uko naryamanye n’umugabo ufite igitsina giteye nk’agapupe gakina muri Mario Kart.

Donald Trump yahakanye ko yaryamanye na Stormy Daniels ariko uwahoze ari umwunganizi we mu mategeko Michael Cohen yavuze ko Trump yamutegetse kwishyura uyu mugore akayabo k’ibihumbi 130 by’amadolari kugira ngo azaruce arumire.
Benshi bakomeje kwibaza niba uyu mugore nta bwoba afite kubera ibyo atangaza ku mugabo w’igikomerezwa nka Donald Trump gusa mu minsi ishize Stormy Daniels yatangaje ko abambari ba Trump bamwoherereje inzandiko ko bazamwica bituma aha akazi abashinzwe umutekano 2 bo kumurinda.


Stormy Daniels waryamanye na Trump yamukojeje isoni avuga ko igitsina cye ari kinini hejuru nk’umutwe wa Toad ukina muri Mario Kart