Lionel Messi ukinira ikipe ya FC Barcelona yashimishije benshi kubera iki gikorwa yakoreye Cristiano Ronaldo nubwo we ataramutora na rimwe.
Messi yatoye Cristiano Ronaldo mu bakinnyi bitwaye neza ku isi
Mu bakinnyi 3 Messi yatoye barimo Luka Modric yatoye ku mwanya wa mbere,akurikizaho Kylian Mbappe, asoreza kuri Cristiano Ronaldo, wabaye uwa kabiri inyuma ya Modric wegukanye iki gihembo.
Messi yatunguye benshi mu bakunzi ba ruhago kuko nta mukinnyi wa FC Barcelona yigeze atora mu bakinnyi 3 yatoye ahubwo yitoreye 2 bafite aho bahuriye na Real Madrid.
Yabatoreyehe se ko we na Cristiano batitabiriye umuhango?