Print

Arielle Kayabaga umurundikazi wakoze amateka muri Politiki mu gihugu cya Canada[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 25 October 2018 Yasuwe: 1790

Arielle yatahanye intsinzi mu matora yabaye kuri uyu wa Mbere. niwe mutegarugori wenyine wari ku rutonde rw’abahatanira uyu mwanya muri karitsiye ya 13 aho yari ahanganye n’abagabo barindwi.

Mu migabo n’imigambi yashyize imbere mu kwiyamamaza kwe ,harimo kugabanya abana baba mu muhanda, gufasha abimukira bashya baza bagana mu gace ka London bakabasha kumenyera ubuzima bwaho bitabagoye.

Arielle Kayabaga yabwiye Ijwi ry’Amerika ko gutorwa kwe ari intsinzi n’iteka rikomeye kuri we no ku bagiye bamushyigikira harimo abarundi baba muri Canada.

Kayabaga yanaboneyeho n’umwanya wo gutinyura abakiri bato gutinyuka bagashira ubwoba bakinjira muri politike.

Biteganyijwe ko Arielle azarahirira gutangira imirimo taliki ya 1 Ukuboza uyu mwaka.

London ni kamwe mu duce dukomeye cyane muri Canada aho gatuwe n’abantu bagera kuri 383,822.