Uwase Chantal umukinnyi wa Filime nk’uko abivuga niyo mpano yari yazanye muri East Africa’s Got Talent irushanwa ryashakaga abanyempano 30 bahagararira u Rwanda bagahangana n’abaturutse mu bihugu nka Kenya, Uganda na Tanzania.
Uyu mukobwa ubwo yasohokaga mu cyumba cya Maison de Jeunes ku Kimisagara biyerekeragamo abagize akanama nkemurampaka yasohotse yiruka arira ahita yicara mu byatsi akomeza kurira benshi bikanga ko yaba agize ikibazo cy’ihungabana.
Nyuma yo gutuza uyu mukobwa n’umusore bakinanaga batangaje byari umukino bakinaga urimo kurira ko nta kindi kibazo uyu mukobwa afite ndetse ko kurira ari yo mpano ye.