Print

Ifoto yafotorewe mu gihugu cya Tanzania yahize andi mafoto yafotowe ku isi uwayifotoye ahabwa ibihembo[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 30 July 2019 Yasuwe: 10422

Kuri iyi nshuro nabwo hatangajwe ifoto yahize iyindi mu zafotowe na iPhone muri uyu mwaka aho Apple yari ifite ba gafotozi 140 bo mu bice bitandukanye by’isi bagabanyijwe mu byiciro 19.

Iyi foto yafotowe muri Tanzania niyo yegukanye igihembo

Igihembo nyamukuru cyegukanywe n’ifoto yafashwe na iPhone X muri Tanzaniya ifotowe n’Umutaliyanikazi Gabriella Cigliano ku ifoto ye “Big Sister”.

Diogo Lage yahembwe nk’Umufotozi w’umwaka kubera ifoto ye “Sea Stripes” yafashwe na iPhone SE.

Umwanya wa kabiri wegukanywe na Yuliya Ibraeva kubera ifoto ye “Sorry, no movie today” yafashwe na iPhone 7 Plus, naho umwanya wa gatatu wegukanywe na Peng Hao ku bw’ifoto ye “Come Across” yafotowe na iPhone X.

iyi niyo foto yabaye iya kabiri

Mu biruhuko mu mpeshyi, aha biteguraga kureba filime ariko hahita hagwa imvura itunguranye ntibabasha kureba filime ariko we atahana ifoto avuga ko yishimiye cyane

Iyi foto yafotowe n’umushinwa Peng Hao

Uretse izi foto, hari harimo n’ibindi byiciro bitandukanye harimo nk’ifoto z’inyamaswa, iz’urugendo, iz’abana, ibiti, izuba, abantu, ibidukikije n’ibindi byinshi.