Print

Umuhanzi AY ubu uri kubarizwa ku butaka bw’u Rwanda yavuze ku muhanzi wamuhuje n’umugore we w’umunyarwandakazi[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 2 October 2019 Yasuwe: 4281

Uyu muraperi AY yarushinganye na Umunyana, babanye mu umwaka ushize mu birori byabereye muri Tanzania.

Uyu muraperi muri iyi minsi ari mu Rwanda mu bikorwa bitandukanye bijyanye n’ubuzima bwe bwite ndetse n’umuziki.

Mu kiganiro yagiranye na The Link Up gica kuri TV10, yabajijwe n’umunyamakuru isano afitanya na Alpha Rwirangira avuga ko ari mubyara we, ahita anavuga ko ariwe wamuhuje n’umugore we.

Ati “Alpha Rwirangira ni mubyara wanjye. Ni nawe wampuje n’umugore wanjye. Alpha yakoze akazi. Mu rugo ubu buri kimwe ni sawa. Umwana wanjye afite umwaka n’amezi atatu, n’umugore ameze neza.”