Print

Umunyarwanda n’abakongomani 2 bafatanywe telefoni bari bashyiriye umutwe wa RED Tabara

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 9 November 2019 Yasuwe: 7781

Ikinyamakuru SOS Media Burundi cyavuze ko aba bantu batatu bafashwe ku wa Kane tariki ya 8 Ugushyingo 2019,bari ahitwa Kamanyola muri Walungu muri Kivu y’Amajyepfo.

Umuvugizi wa operasiyo ya Sokola 2igamije kurwanya inyeshyamba muri RDC, Captain Dieudonné Kasereka,yabwiye iki kinyamakuru ati "Twabafatanye telefoni nshyashya, umunyarwanda yaziguze iwabo kugira ngo azihe abayobozi b’umutwe w’inyeshyamba za Red-Tabbara".

Igisirikare cya Congo cyatangaje ko cyatangiye iperereza kugira ngo kimenye abarimo gufatanya n’umutwe wa RED-Tabara ukomoka mu Burundi.

Aba bagabo batatu bafashwe bahise bajyanwa gufungirwa i Bukavu kugira ngo banahatwe ibibazo.