Print

Sadio Mane yaciye ibintu kubera ibikorwa bikomeye yakoze ari mu kiruhuko gishize

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 20 November 2019 Yasuwe: 9601

Ubwo abakinnyi bagenzi be barimo bumva amafu yo ku mucanga,abandi basohokanye abagore n’abakunzi babo,Sadio Mane we yarimo agenzura uko imirimo yo kubaka ibi bikorwa bye 3 ihagaze.

Mane yubatse izi nyubako zose uko ari 3 mu gace avukamo ka Bambali yabaye igice kimwe cy’ubuzima ari naho yigiye umupira w’amaguru cyane ko atigeze ajya mu mashuli awigisha.

Uretse kubaka izi nyubako 3,Sadio Mane yakoze ibikorwa by’urukundo mu baturage bo mu gace ka Bambali no muri Senegal yose byamutwaye akayabo k’ibihumbi 250 by’amapawundi.

Sadio Mane yanze kuganira n’abanyamakuru kuri ibi bikorwa yubatse avuga ko yabikoze ku bw’urukundo akunda abantu atigeze abikora kugira ngo yiyamamaze mu itangazamakuru nkuko bamwe babigenza.

Sadio Mane ukundwa na benshi kubera ukuntu yicisha bugufi,aherutse guca ibintu ubwo yagaragaraga ari gukoropa imisarani ku musigiti asengeraho mu Bwongereza ndetse mu minsi ishize yagaragaye ari gufasha umukozi w’ikipe y’igihugu gutwara amazi y’abakinnyi bagenzi be mu gihe abandi bo bigendeye nkaho ntacyo bibabwiye.


Ishuli ry’abana Sadio Mane yubatse muri Senegal


Comments

21 November 2019

Imana imuhe umugisha