Amavubi avuye muri Cameroon aho yari yagiye gukina umukino wa gicuti warangiye amakipe yombi anganyije 0-0.
Kuri ubu Amavubi yaraye ageze mu Rwanda saa yine aho abakinnyi bose uko ari 26 bahise basubira mu mwiherero i Nyamata muri La Parisse Hotel.
Bukuru Christophe w’ikipe y’APR FC n’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu basanze abandi mu m mwiherero ndetse barakomezanya imyitozo.
Amavubi arakina umukino wa kabiri wa gicuti n’ikipe ya Congo Brazzaville uteganyijwe ku wa gatanu saa cyenda zuzuye kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo.
Kwinjira kuri uyu mukino muri VVIP ni 20,000 Frw , VIP ni 10, 000 Frw, ahatwikiriye ni 3,000 Frw ahandi hose hadatwikiriye n’amafaranga 1,000
Mu mikino ya CHAN, u Rwanda ruri mu itsinda C hamwe n’ibindi bihugu birimo Marocco, Uganda na Togo.
Amafaranga 3000 ni menshi ahatwkiriye , biratuma abafana baba bacye