Nubwo Ubushinwa aribwo bwatangiriyemo iki cyorezo,ntibwigeze bugira umubare munini w’abahitanywe nacyo ku munsi umwe nk’uyu wo mu Butaliyani.
Mu masaha 24 gusa,abantu 627 bapfuye mu Butaliyani bahita buzuza umubare w’abantu 4,032 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo muri iki gihugu.
Amakuru avuga ko impamvu ikomeye Coronavirus yageze mu Butaliyani igasya itanzitse ari uko iki gihugu gifite umubare munini w’abasaza kandi ngo iyo ibagezemo ntiborohera.
Uyu mubare uteye ubwoba wahise utuma Leta noneho ibuza abantu gukora siporo zoroheje nko kwirukanka,gutwara amagare ndetse n’aho imodoka zihagarara harafungwa.
Ubutaliyani bwamaze guca ku bushinwa ku mubare munini w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo ndetse ku munsi w’ejo abantu bashya 5,986 banduye iki cyorezo kiri kumara abantu.
Imana nitabare
Imana itabare abataliyani