Print

Wizkid yahawe akayabo ka Mliyari z’amanyarwanda kubera indirimbo yakoranye na Beyonce

Yanditwe na: Martin Munezero 3 August 2020 Yasuwe: 2296

Mu minsi ishize umuhanzikazi, Boyonce yakoranye indirimbo n’abahanzi batandukanye bo muri Afurika, kuri Album ye yise “Lion King”

Mu ndirimbo zigize iyi album ya Beyonce, harimo iyo yakoranye n’umunye-Ghana, Shatta Wale, iyo yakoranye na Tiwa Savage wo muri Nigeria, ndetse hari niyakunzwe cyane yakoranye na Wizkid nawe wo muri Nigeria, iyi ya Wizkid ni nayo yakunzwe n’abantu benshi cyane.

Brown Skin Girl, indirimbo Wizkid yakoranye na Beyonce, uyu muhanzi yahamijeko yamwinjirije akayabo ka miliyari z’amadorali, aho yavuzeko yamuhaye Miliyoni $100M z’amadorali agera kuri Miliyari 95,918,384,964 uyashyize mu mafaranga y’u Rwanda.

“Brown Skin Girl” ni indirimbo yanditswe n’umuririmbyi w’umunyamerika Beyoncé, umuhanzi wo muri Giyaneya, Saint Jhn n’umuririmbyi Wizkid wo muri Nijeriya, irimo Blue Ivy Carter umwana wa Beyonce na Jay Z.

Iyi ndirimbo kuri Top 40 / Rhythmic radio ku ya 23 Nyakanga 2019 yatowe nk’indirimbo ya kabiri irimo amajwi meza.

Ikinyamakuru Billboard cyashyize ahagaragara “Brown Skin Girl” nk’indirimbo ya 68 nziza ya 2019, bavuga ko indirimbo “ishimangira urugendo rwa Beyoncé n’ishema ry’umuco no guha ubushobozi abagore”.

Iyi ndirimbo niyo ndirimbo y’abagore yakunzwe cyane muri 2019 kuri Muzika ya Apple muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.