Print

Umugore yahengereye umugabo we asinziriye amuruma ubugabo bwe

Yanditwe na: Martin Munezero 19 August 2020 Yasuwe: 3705

Ibi byabaye nyuma yuko uyu mugabo n’umugore babanje kurwana, abaturanyi babirebaga bakaza kubakiza bakabatandukanya aho byaberaga mu rugo rwabo ruhereye Umuofuga Umuhu, muri Leta ya Imo.

Mubyara w’uwo mugabo ahohotewe, Udochukwu Nwimo, ubwo yavugaga ibyabaye, yavuze ko ibibazo byatangiye igihe uwahoze ari umukunzi w’uyu mugore yaje mu rugo akamusohokana kuri moto maze akamugarura nijoro.

Ako kanya akihagera yahise yinjira, umugabo we wari warakajwe n’ibyabaye, aramubaza niko gutangira kurwana. Udochukwu yavuze ko abaturanyi bamwe babirebaga bahise baturuka hirya no hino barabatandukanya.

Icyakora nyuma yibyo mu gicuku, humvikanye urusaku rwinshi rukangura abaturanyi, nibwo basangaga uyu mugore yarumye igitsina cy’umugabo we ubwo yari asinziriye.

Mubyara we avuga ko igitsina cy’uyu mugabo cyangiritse cyane kandi gishobora kutazongera gukora burundu.