Print

Amato yaketswe kwinjiza inyeshyamba mu Burundi yatwitswe n’abasirikare

Yanditwe na: Martin Munezero 13 September 2020 Yasuwe: 4116

Amakuru aturuka muri iki gihugu avuga ko amato yatwitswe n’abasirikare bari bayobowe na Brig. Gen. Venant Mbonimana usanzwe ari Komanda w’uyu mutwe.

Gusa ngo batwitse ay’abarobyi bari bamaze iminsi barobera mu mazi aherera muri RDC. Ngo umwe wari utwaye ubwato bamushinje kwinjiza abo bitwaje intwaro mu gihugu.

Kuva mu mpera za Kanama 2020, ibice bitandukanye by’u Burundi cyane cyane ibyegereye ishyamba rya Kibira, biravugawamo umutekano muke waba uterwa n’inyeshyamba zituruka mu burasirazuba bwa RDC.

Ni nako kandi umutekano ukomeje gukazwa cyane n’ingabo z’igihugu, inzira zose zaturukamo umwanzo zishyirwamo uburinzi bukomeye.