Print

Mukamunana Kevine witeguraga gukora ubukwe vuba yahitanywe n’impanuka[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 30 October 2020 Yasuwe: 27389

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Twajamahoro Sylvestre yemeje aya makuru mu kiganiro yagiranye na Ukwezi dukesha iyi nkuru, avuga ko imodoka yari itwaye abantu batanu yakoze impanuka ubwo yavaga mu Ngororero igana i Muhanga, umwe agapfa abandi batanu bagakomereka.

Mukamunana Kevine, umukobwa witeguraga ubukwe mu kwezi gutaha, niwe watakarije ubuzima muri iyi mpanuka naho Peter Mulisa bari kuzakora ubukwe tariki 28 Ugushyingo 2020 ayikomerekeramo hamwe n’abandi bantu batatu.

Mukamunana Kevine na Peter Mulisa biteguraga kurushinga mu kwezi gutaha

Bivugwa ko impanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi w’uwari utwaye imodoka kongeraho ubunyerere bwatewe n’imvura yari imaze kugwa, byatumye umushoferi agerageza kugarura imodoka biranga irenga umuhanda igwa mu manga muri metero zigera muri 200.

Umurambo wa Mukamunana Kevine n’abo bari kumwe bakomeretse, bahise bajyanwa ku bitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga.


Comments

Theogene 1 November 2020

Ayiiweee ,
mwihangane p


Emma emelyne 1 November 2020

Agahinda nikose


sugira sadi 1 November 2020

Mukomeze kwigangan bavand erega icyimana yapanze ntawabashy kugisubik Pole sana


31 October 2020

Imana imwakire mubayo uwo mushiki wacu wahitanywe niyompanuka kdi uwomusore nawe nawe Imana imukomeze nawe!