Print

Ndagisha Inama : Ibitotsi bigiye kuntandukanya n’umugore tumaranye imyaka 7

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 10 November 2020 Yasuwe: 5984

Umusomyi w’ikinyamakuru Umuryango twise Alphonse yatwandikiye adusaba ko abasomyi bacu bamugira inama ku kubazo afitanye n’umugore we kimaze imyaka 5.

Yagize ati" Maranye n’umugore wanjye imyaka 7.Ku myaka 2 ya mbere ibintu byose byari amahoro ariko nyuma y’aho imyaka itanu irashize ibitotsi byaramuntwaye ku buryo kuva saa tatu aba asinziye kugeza saa kumi n ebyiri za mu gitondo.

Niyo abonetse neza ni nka kabiri mukwezi. Ndatekereza mubyumva neza. Kubera kubaho ndi nk umurinzi w’umuntu wisinziriye nsigaye ntekereza ibintu bibi ku buryo mutekereza nk umuntu unca inyuma .

Iyo mbuze ibitotsi ku mpamvu namwe mwunva ndabyuka nka saa yine kugera saa tanu n’igice nkandika igitabo.Njya nandika nibaza nti "ninkirangiza bizagenda bite?".

Ese Koko ubu buzima bwahinduka Bute ngo bisubire nkuko byari bimeze mu myaka ya mbere 2 mu by’ukuri?.Ndababaye mungire inama y’icyo nakora.

Murakoze ku bw’inama zanyu nziza zubaka imiryango.


Comments

12 November 2020

Ibi nibintu bisanzwe mu gihe yoba akora imirimo nyinshi mu rugo nawe utamugasha. uramufasha abone kuruhuka ku murango urabe ko bitazohera. akaba naho ata bikorwa vyinshi ahora akora. nibaza ko yoba ari indwara. aho nukumujana kwamuganga. canke mukabanza kubiyaga ukumva ico abivugako.


ibaze nawe 10 November 2020

Ubwo baba bamutunganyije yamennye amavuta ameze neza akaza akisinzirira hari icyo utumva.


10 November 2020

Ubwo afite akazi kavunanye ataha ananiwe.mufashe kuvunikira umuryango nawe azabona umwanya awukug