Print

Umugore utwite yaguwe gitumo n’umugabo we muri Hoteli ari kumuca inyuma abategeka gukomeza gusambana abahagaze hejuru

Yanditwe na: Martin Munezero 14 January 2021 Yasuwe: 13795

Mu gihugu cya Nigeria haravugwa inkuru y’ umugabo utatangajwe amazina wafatanywe n’ umugore w’ abandi muri Hotel barimo gusambana maze umugabo w’ isezerano ategeka umugore wamucaga inyuma gukomeza gusambana n’ uwo mugabo utatangajwe amazina.

Aya mashusho yashyize hanze n’umugabo witwa Khanya Msika yavuze ko aba bombi baguwe gitumo baryamanye muri Hotel nyuma yuko umugore yari yabeshye umugabo we ko agiye kwisuzumisha ku bitaro umutware we ntamenye ko yagiye gushurashura n’undi mugabo .

Yasoje avugako aba bombi bafatiwe mu cyaha bakomeje igikorwa cyo gukora imibonano mpuzabitsina kugera ubwo bahise bafatwa bajyanwa kuri Police kugirango bige kuri dosiye yabo , gusa ngo umugabo yarafite uburakari bwinshi kuburyo wabonana ko ashobora guhitana umugore we wamuciye inyuma .