Print

Umugabo yakoze agahigo ko gutera inda abakobwa 6 bose bakabyarira rimwe [AMAFOTO]

Yanditwe na: Rebecca UFITAMAHORO 23 June 2021 Yasuwe: 4693

Pretti Mike, usanzwe ari umukinnyi wa filimi mu minsi ishize nibwo yari yagaragaje ko abakobwa batwite inda nkuru avuga ko yabateye inda icyarimwe. Uyu mugabo yongeye kugaragaza aba bakobwa bose babyaraye neza , ubu ntakibazo bafite kandi akaba yishimira ko yabatereye inda icyarimwe none bakaba baranabyariye igihe kimwe.


Mu butumwa yageneye abakunzi be, Mike yavuzeko yishimiye abana 6 yabyaye harimo abahungu 4 n’abakobwa 2.
Mike yagize ati “Umunsi mwiza wa Demokarasi ,turasenga,turizera ndetse dukomeza gushaka ejo heza ,ntitubikorera ubu ahubwo tubikorera ejo heza h’abana bacu n’abazadukomokaho..”

Yakomeje agira ati” Nabyaye abahungu 4 n’abakobwa 2, bari kwitabwaho ndetse na bamama babo ,bose mbakunda bingana mberetse Isi”.

Aba bana yahise abita amazina aho uwambere yitwa “ Ebuka,Yombi,Bayo,Chioma,Rukayat na Micheal Jr.”

Uyu mugabo yatangaje benshi mubakoresha imbuga nkoranyambaga aho bamwe akigaragaza ko yateye inda abakobwa 6 bensi babifataga nk’imikino ariko ubu bamwe baje kwemera ko ari ukuri ndetse batangira kumuha impundu bamwifuriza ibyiza.

Aba bagore bose bivugwako abana nabo ndetse ngo abaha umwanya ungana ,yaba mukurara nabo ndetse iyo agiye mu birori bose ajyana nabo kuko bwambare yagaragaye arikumwe nabo atwite ubwo bari batashye ubukwe bw’inshuti ye.